APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri bikomeje imyiteguro y’umukino wa kabiri mu majonjora yo gushaka itike y’amatsinda ya CAF Champions League.
Ni umukino uzaba ukomeye impande zose cyane ko atari ubwa mbere aya makipe ahuriye muri iki cyiciro nubwo byarangiye Ikipe y’Ingabo z’Igihugu isezerewe.
Uyu mukino ubanza uteganyijwe ku wa gatandatu, tariki ya 14 Nzeri 2024, uzitabirwa n’abafana batari bake bazaba bahuriye muri Stade Amahoro ngo bihere ijisho ibigugu muri ruhago.
Tugiye kurebera hamwe abakinnyi beza bo kwitega muri uyu mukino bigendanye n’imyanya bakinaho yangwa se uko bazaba bahanganye ku makipe yombi.
Mostafa Fathi na Niyomugabo Claude
Niyomugabo Claude ni umwe muri ba myugariro beza bari mu Rwanda ndetse aherutse kubigaragaza mu mukino Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yahuriyemo na Nigeria.
Mu mukino uzahuza Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ndetse na Pyramids, azaba afite akazi katoroshye kuko azaba ahanganye na Mostafa Mohamed Fathi Abdel utaha izamu anyuze ku ruhande.
Uyu mukinnyi aramwibuka neza kuko ariwe watsinze iyi kipe ibitego bine muri 6-1 yatsindiwe mu Misiri mu mwaka ushize ubwo yabasezereraga.
Mohamed Chibi na Mugisha Gilbert
Aba ni abandi bakinnyi bo kwitega muri uyu mukino kuko rutahizamu Mugisha Gilbert amaze kumenyera imikino mpuzamahanga, bisaba ko Mohamed Chibi amuhozaho ijisho cyane ko arangaye yamuca mu rihumye.
Mugisha kandi ni umwe mu bakinnyi biteguye neza kuko ari kumwe na bagenzi be nyuma yo kuva mu mikino y’Ikipe y’Igihugu aho yari ahanganye n’abarimo Ajayi Semi wa Nigeria ukinira West Bromwich Albion.
Ihangana kuri aba bakinnyi na ryo ni iryo kwitega kuko umwe muri bo aramutse atitaye ku wundi ibitego cyangwa imipira ivamo ibitego yaboneka mu buryo bworoshye.
Chibi ni nawe watsinze igitego cya gatanu muri bitandatu APR FC yinjijwe.
KANDA HANO UREBE UMUKINO URI GUHUZA APR FC NA PYRAMID FC